Nyamirambo: Ubuzima bw’Umugore watemaguwe buri mu Kangaratete.

Kuwa 10 Nzeri 2025 mu masaha ya Nijoro mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo mu Kagari ka Rwampala abagizi banabi batemaguye abantu maze bariruka. Abagabo batatu (3) batari bamenyekana baraye bagaragaye mu mashusho ya kwirakwijwe ku Mbugankoranyambaga batemagura umugore waruvuye mu kazi atashye, bagamije kumugirira nabi, kumwiba no kumwambura ibyo yarafite byose. Ntibyagarukiye…

Read More

Afunzwe azira gushaka Views na Followers

Ku wa Mbere i taliki 8 nzeri 2025 mu karere ka Musanze Urwego rw’ubugenzecyaha RIB rwataye muri yombi umusore wasakaje amashusho kuri Ticktock yambaye imyenda ya RIB atari umukozi wayo. Ndagijimana Stratton afungiye ku Station ya RIB iri kuri Gereza ya Muhoze yo mu karere ka Musanze mu ntara y’Amajyarugu azira kwifotozanya imyambaro iriho ibirangantego…

Read More

Ibiteye amatsiko ku kiyaga gihangano kiri kubakwa mu Rwanda

Mu Rwanda hagiye kuvuka ikiyaga gishya kiri guhangwa hagati y’Intara y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, kizuzura gitwaye miliyari 320 Frw cyitezweho kuzanira amahirwe Abaturarwanda. Shira amatsiko kuri byinshi wakwibaza kuri iki Kiyaga. Iki kiyaga kizaba gifite uburebure bwa kilometero 67, kiri hafi kuzura. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu yabigarutseho, abinyujije ku…

Read More

Bishe umugore bamutwitse kubera ‘gutuka Muhammad’

Umugore yiciwe mu majyaruguru ya Nigeria, amakuru avuga ko ari nyuma yuko avuze amagambo yafashwe ko atuka intumwa y’Imana Muhammad. Iyicwa rye ryongeye kubyutsa umujinya mwinshi ku kwihanira muri icyo gihugu bikozwe n’udutsiko tw’abantu. Polisi ya Nigeria yavuze ko uwo mugore, watangajwe ko yari umucuruzi w’ibiribwa witwa Amaye, ku mugoroba wo ku wa gatandatu yatewe…

Read More

Baltasar wafatanywe amashusho 400 y’abagore basambanye yafatiwe ibihano

Baltasar Ebang Engonga wo muri Guinée Equatorial akaba na Mwishywa wa Perezida w’iki Gihugu, wagarutsweho cyane ubwo hasakaraga amashusho bivugwa ko yafataga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore batandukanye, yakatiwe gufungwa imyaka umunani ahamijwe ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta no kwigwizaho imitungo. Yahanishijwe gufungwa imyaka umunani n’ihazabu ya miliyoni 125, 4 CFA akabakaba miliyoni 320…

Read More

Urutonde rushya rwa Pasiporo n’aho yakugeza nta Visa – u Rwanda rwaje ku mwanya wa 73

Pasiporo y’u Rwanda yaje ku mwanya wa 73 wa pasiporo z’ibihugu byo ku isi zishobora kukugeza ahantu henshi ku isi udasabye visa, umwanya iyo pasiporo yaherukagaho mu 2006. Ku rutonde ngarukamwaka ruzwi nka ‘The Henley Passport Index’ rukorwa n’ikigo Henley & Partners, ku rwa 2025 pasiporo y’u Rwanda yemerera uyifite kugera mu bihugu 63, birimo…

Read More

Ibyo wamenya kuri Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva, asimbuye Dr. Edouard Ngirente wari muri izo nshingano kuva mu 2017. Dr. Justin Nsengiyumva yigeze kuba umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi mu Ugushyingo (11) 2008yatawe muri yombi n’urwego rwakoraga iperereza ku byaha rwitwaga Criminal Investigation Department (CID) akekwaho ruswa, yafunzwe igihe kigera ku…

Read More

Ellen Degeneres yahunze Amerika kubera Trump

Ellen DeGeneres umunyamerika w’icyamamare mu biganiro kuri televiziyo yagaragaye bwa mbere mu ruhame kuva aho yimukiye mu Bwongereza, avuga ko yafashe icyo cyemezo nyuma y’umunsi umwe Donald Trump yongeye gutorerwa kuba perezida wa Amerika. Uyu munyarwenya wakira ibiganiro kuri televiziyo yabwiye abantu ahitwa i Gloucestershire ko ubuzima mu Bwongereza ari “bwiza kurushaho”. Ellen yavuze ko…

Read More

YouTube igiye kuvugurura amategeko azagonga bamwe

Urubuga nkoranyambaga rwa YouTube rwatangaje ko rurimo kuvugurura amategeko agenga iyishyurwa ry’amashusho ashyirwaho (monetization), mu rwego rwo gukumira akorwa hifashishijwe ubwenge bw’ubukorano (AI) n’ayibwe ahandi, bikazatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 15 Nyakanga 2025. YouTube ntiyahwemye gushishikariza abatunganya amashusho abinjiriza amafaranga, gukora ay’umwimerere kandi arimo ubutumwa bwigisha, by’umwihariko igihe bari muri gahunda y’ubufatanyabikorwa yayo (YouTube…

Read More

Abahanzi n’abanditsi barashinja Company zikora ‘AI’ kubiba

Abanditsi bakomeye, abanyamuziki, abanyabugeni batandukanye bashinja kompanyi zikora  ‘artificial intelligence'(AI) gutoza ‘systems’ zabo kwigana no gukoresha ibihangano byabo nta burenganzira cyangwa kubyishyura. Mu bihugu bimwe, nko mu Bwongereza, ibi byateye ikibazo gikomeye hagati ya leta n’abahanzi, barimo Sir Elton John, kigendanye no kurengera ibihangano byabo. Ubu buhanga bushya bwa Cloudflare buribanda kuri kompanyi zikora ‘bots’…

Read More