Baltasar wafatanywe amashusho 400 y’abagore basambanye yafatiwe ibihano

Baltasar Ebang Engonga wo muri Guinée Equatorial akaba na Mwishywa wa Perezida w’iki Gihugu, wagarutsweho cyane ubwo hasakaraga amashusho bivugwa ko yafataga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore batandukanye, yakatiwe gufungwa imyaka umunani ahamijwe ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta no kwigwizaho imitungo.

Yahanishijwe gufungwa imyaka umunani n’ihazabu ya miliyoni 125, 4 CFA akabakaba miliyoni 320 Frw.

Balthasar wari umuyobozi w’ikigo cya Guinée équatoriale gishinzwe gukora iperereza ku mikoreshereze y’imari, yamenyekanye cyane mu mpera z’umwaka ushize ubwo yatabwaga muri yombi nyuma yo gufatanwa amashusho arenga 400 y’abagore baryamanye mu bihe bitandukanye barimo n’ab’abakomeye.

Aya mashusho yatahuwe ubwo yakorwagaho iperereza ku byaha byo kunyereza umutungo, mu bikorwa byo gusaka mu rugo iwe no mu biro basanga CD n’ibindi bintu biriho amashusho arenga 400 y’abagore bagiye baryamana.

Urubanza Balthasar yaregwamo rwari rurimo abayobozi benshi bakoreraga urwego rushinzwe ubwishingizi no guha ubwishingizi ibigo bitanga serivisi z’ubwishingizi.

Na bo bahamijwe ibyaha birimo gukoresha ububasha bahabwa n’amategeko mu nyungu zabo bwite, mu izina ry’ingendo n’ubutumwa bw’akazi.

Balthasar avuka mu muryango w’abanyapolitiki, akaba mwishywa wa Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo.

Ni umuhungu wa Baltasar Engonga Edjo, kuri ubu uyoboye Komisiyo y’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika yo hagati [CEEAC].

One thought on “Baltasar wafatanywe amashusho 400 y’abagore basambanye yafatiwe ibihano

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *