Lionel Messi yaguze ikipe yo mu cyiciro cya gatanu

Icyamamare mu mupira w’amaguru, Umunya-Argentine Lionel Messi, ubu ni we nyir’ikipe y’umupira w’amaguru ya Cornella ikina mu cyiciro cya gatanu muri Espagne.

Uyu mukinnyi w’imyaka 38, wafashije Barcelona gutwara igikombe cya Champions League inshuro enye ndetse akegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Espagne, La Liga, inshuro 10 ari kumwe na Barcelona, ubu akinira ikipe ya Inter Miami yo muri Amerika muri shampiyona ya Major League Soccer.

Cornella yatangaje ko “Leo Messi wegukanye Ballon d’Or inshuro umunani yamaze kugura iyi kipe ku mugaragaro”.

Iyo kipe yongeyeho iti: “Iki cyemezo gishimangira umubano wa hafi Messi afitanye na Barcelona ndetse n’ubwitange bwe mu guteza imbere imikino n’impano z’abakinnyi bo muri Catalonia.”

Messi yavuye muri Argentine ajya muri Espagne ubwo yari afite imyaka 13, maze atangira gukinira ikipe nkuru ya Barcelona afite imyaka 17 mu Kwakira (10) mu 2004.

Yaje gutsindira Barcelona ibitego 672 mu mikino 778, bya mbere byinshi ku mukinnyi mu mateka y’iyi kipe, mbere yo kuyivamo ajya muri Paris Saint-Germain mu 2021, nyuma mu 2023 yimukira muri Inter Miami.

Ikibuga cya Cornella gifite ubushobozi bwo kwakira abantu 1,500. Umunyezamu wa Arsenal David Raya na Jordi Alba wahoze akinira Barcelona, ubu ukinira Inter Miami nka myugariro, bombi banyuze muri iyi kipe.

Cornella yagize iti: “Kuhagera kwa Leo Messi gutangije igice gishya mu mateka y’iyi kipe, kigamije guteza imbere imikino hamwe n’iterambere ry’imiyoborere, kongerera imbaraga imisingi yayo no gukomeza gushora imari mu mpano z’abakinnyi.”

“Uyu mushinga uyobowe n’icyerekezo cy’igihe kirekire n’igenamigambi rihuza intego, kubaka ibiramba, no kugirana isano ikomeye n’ahantu ikomoka.”

Cornella ikina mu cyiciro cya gatanu muri Espagne

One thought on “Lionel Messi yaguze ikipe yo mu cyiciro cya gatanu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *