Aubameyang yaruciye ararumira nyuma yo guhagarikwa burundu

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick Aubameyang, ndetse inirukana umutoza Thierry Mouyouma. Minisitiri wa Siporo Simplice-Désiré Mamboula yatangaje ibi byemezo byafashwe nyuma yo gutsindwa ibitego 3-2 n’Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire mu mukino wabaye ku wa 31 Ukuboza 2025. Ibi byatumye…

Read More

Cristiano Ronaldo yaguze inzu y’agatangaza ku kirwa cyo mu nyanja itukura

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Portugal na Al-Nassr, Cristiano Ronaldo n’umugore we Georgina Rodríguez, baguze inzu ebyiri zifite agaciro ka miliyoni 7£ (agera kuri miliyari 13,7 Frw) ku kirwa cyo mu Nyanja Itukura. Ronaldo ukinira Al Nassr, yahawe miliyoni 492£ (miliyari 967,7 Frw) muri Kamena, ubwo yongeraga amasezerano yo gukomeza gukinira iyi kipe yo muri Arabie…

Read More

Intego yacu ni uko mu myaka 2 tugomba kuzakina igikombe cy’isi – FERWAFA

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yatangaje ko we n’abo bafatanyije kuyobora, bafite intego y’uko mu myaka ibiri iri imbere, ari uko u Rwanda ruzahagararirwa mu Gikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17. Tariki ya 11 Ukuboza 2025, habaye ikiganiro n’abanyamakuru, cyarimo Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, Umunyamabanga Mukuru we, Bonnie Mugabe,…

Read More

Amabwiriza n’ibihano bizagenga igikombe cy’Afurika

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika, CAF, yamenyesheje amakipe amabwiriza agenga irushanwa ry’Igikombe cya Afurika 2024 ariko kigiye gukinwa muri 2025 na 2026. Iri rushanwa rizabera muri Maroc guhera tariki ya 21 Ukuboza 2025 kugeza tariki ya 18 Mutarama 2026. Ibihugu 52 bigeze Umugabane wa Afurika nk’uko bisanzwe. Mbere y’uko iri rushanwa ritangira, CAF…

Read More

Bukayo Saka yambitse umukunzi we impeta y’agatangaza

Rutahizamu w’ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo mu Mujyi wa London mu Bwongereza. Uyu rutahizamu wa Arsenal, Bukayo Saka, yasabye Tolami Benson kuzamushyingirwa akamubera umugore nyuma y’imyaka itanu bakundana. Ibi birori byaraye bibereye muri hoteli ikomeye yo mu Mujyi wa London mu…

Read More

Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Arsenal

Perezida Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal nyuma yo gutsinda Bayern Munich yo mu Budage ibitego 3-1, mu mukino w’umunsi wa Gatanu wa UEFA Champions. Mu butumwa Umukuru w’Igihugu yanyujije ku rubuga rwa X, yagize ati “Arsenal yaduteye ishema twese. Turabashimiye.” Arsenal yatsinze Bayern Munich ibifashijwemo na Jurrien Timber watsinze igitego cya mbere ku…

Read More

Bwa mbere ‘myugariro’ yabaye umukinnyi w’umwaka muri Afurika

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ya Maroc na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, Achraf Hakimi, yegukanye igihembo cy’Umukinnyi Mwiza w’Umunyafurika mu mwaka wa 2025. Ni mu bihembo byatanzwe n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika, CAF. Uyu muhango wo guhemba abakinnyi bitwaye neza ku Mugabane wa Afurika wabaye mu ijoro ryo ku Gatatu, tariki 19 Ugushyingo 2025, muri Maroc….

Read More

Nyuma y’imyaka umunani Arsenal na Visit Rwanda bagiye guhagarika imikoranire

Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambera mu Rwanda, RDB, rwatangaje ko Arsenal FC na Visit Rwanda bazahagarika gukorana muri Kamena 2026 nyuma y’imyaka Umunani. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, aho byemejwe ko Arsenal FC hamwe na RDB bemeranyije guhagarika ubufatanye ubwo iyi Saison izaba irangiye. Visit Rwanda yari umufatanyabikorwa ukomeye wa Arsenal…

Read More