Mu Rwanda hagiye kuvuka ikiyaga gishya kiri guhangwa hagati y’Intara y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, kizuzura gitwaye miliyari 320 Frw cyitezweho kuzanira amahirwe Abaturarwanda. Shira amatsiko kuri byinshi wakwibaza kuri iki Kiyaga.
Iki kiyaga kizaba gifite uburebure bwa kilometero 67, kiri hafi kuzura. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu yabigarutseho, abinyujije ku rubuga rwa X.
Yagize ati “Vuba aha, haruzura ikiyaga gikubye kabiri Ikiyaga cya Muhazi, ni iminota 20 gusa uvuye i Nyabugogo. Urugomero rwa Nyabugogo rugeze muri kimwe cya kabiri ngo rwuzure, rukazatangira gukora mu buryo bwuzuye mu 2028, rutanga 40 MW.”
Amazi y’iki kiyaga ni yo azifashishwa mu rugomero rwa Nyabarongo II ruzatanga amashanyarazi angana na megawatt 43,5, rugeze kuri 50%.
Ikiyaga kizaba gifite metero-cube miliyoni 800, kikazaba ari ikiyaga cya kane mu bunini mu Rwanda, nyuma ya Kivu, Burera, na Ruhondo bizaba bingana.
Kizaba kireshya na kilometero 67, kuva Vunga, gihindure isura ya Nyarugenge, Rulindo, Gakenke, Muhanga, Kamonyi, Nyabihu, Ngororero na Musanze.
U Rwanda rusanzwe rufite ibiyaga 40, bibitse amazi angana na metero-cube miliyari 225,1 bingana na 99,96% by’ububiko bw’amazi yose mu gihe ibiyaga bihangano bingana na 0,04%.



