Editor

Umunya-Portugal wubatse amateka ashobora gutoza APR FC

Ikipe ya APR FC yatandukanye n’umutoza Darko Novic iri mu biganiro byo gusinyisha Umunya-Portugal Miguel Cardoso uhabwa amahirwe menshi ugereranyije n’abandi batoza bari kuvugwa muri iyi kipe y’ingabo z’igihugu. Amakuru ari kuvugwa ariko ataremezwa ahamya ko iyi kipe nta gihindutse izatangaza umutoza mushya mu cyumweru gitaha kuko ibiganiro bigeze kure. Bivuze ko Nta gihindutse nko…

Read More

Nyuma ya Muyoboke na Noopja yavuze

Nduwimana Jean Paul uzwi ku izina rya Noopja mu muziki Nyarwanda yagarutse ku bimaze iminsi bivugwa mu ruganda rw’umuziki aho bamwe bitana bamwana bashinja abandi ko aho guteza umuziki imbere ahubwo bakomeje kugenda bawuroha mu manga. Ibi bije nyuma yaho abareberera inyungu z’abahanzi barimo Alex Muyoboke hamwe na Coach Gael bateranye amagambo berekana ko ibyo…

Read More

Ntabwo byatunguranye ku itandukana rya Kenny Sol na 1:55 AM

Umuhanzi Kenny Sol yatandukanye n’inzu ya 1:55 AM bari bamaze igihe bakorana bavuga ko gutandukana kwabo byabayeho mu mahoro. Mu itangazo bashyize hanze bagize bati “1:55 AM Ltd n’umuhanzi Kenny Sol batangaje ko guhera tariki ya 02 Kamena 2025, mu bwumvikane n’amahoro ko bagiye gukomeza inzira zitandukanye z’ubuhanzi.” Bakomeje bavuga ko nk’igisobanuro cy’urugendo rukomeye bagiranye…

Read More

Ibyaranze ubuzima bwa Mutesi Jolly ufite igisekuru i Bwami

Nyampinga Mutesi Jolly, ni umukobwa mwiza w’ikimero akagira urubavu ruto, arashinguye, umukobwa w’inzobe inoze, akagira amenyo y’urwererane mu ishinya y’igikara benshi bibazaho bakeka ko ibi atari karemano. Abamushidikanyaho abasubiza ati “Uwo mubona ni njye nyawe, ntabwo ari photoshop!” Umurebye ku maso agaragara nk’umukobwa w’umutesi, ucecekanye byinshi ndetse iyo umuganirije murebana mu maso, asubizanya gutekereza cyane…

Read More

Bwiza yasohoye amashusho y’indirimbo yakoranye na Loader

Umuhanzikazi Bwiza Emerance yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise Nasara yakoranye na Producer Loader uri mu basanzwe bantunganya zimwe mu ndirimbo z’uyu mukobwa. Bwiza ubarizwa mu nzu ifasha abahanzi ya KIKAC Music asohoye iyi ndirimbo nyuma yo kumurikira abakunzi be Album yise 25 shades. ‘Nasara’ ni indirimbo y’urukundo, ikaba yaratungayijwe na Loader mu buryo bw’amajwi, amashusho…

Read More

Menya amateka ya Miss Iradukunda Elsa wanyuze mu nzira y’inzitane

Iradukunda Elsa ni umukobwa muremure w’inzobe ushinguye, ukunda guseka akagira amenyo yererana mu ishinya nziza y’umukara, yakuze ari umwana ukunda gusenga kandi wabitojwe nkuko yabitangaje. Yakuze asengera muri Restoration Church I Gikondo. Akimara gutorwa yavuze ko Umuntu afata nk’intwari ari  Louise Mushikiwabo, kuko ubona ko ari umugore ufite intego muri byose. Yabyawe na Samuel Mana…

Read More

Umunyarwandakazi Dabijou yaciye ukubiri na Jimal Roho wo muri Kenya

Munezero Rosine uzwi ku mbuga nkoranyamba nka Bijou Dabijou yaciye ukubiri na Jimal Roho Safi wigaragaje nk’umunyamafaranga akagambirira kuzenguruka abagore beza asangira nabo iraha. Ku binyamakuru byo muri Kenya byanditse ko Jimal Roho Safi na Dabijou ibyabo byagiyeho akadomo ndetse nta n’umwe ukiri inshuti n’undi ku mbuga nkoranyamabaga. Ni nako bimeze ku mafoto bafashe igihe…

Read More