Umunya-Portugal wubatse amateka ashobora gutoza APR FC

Ikipe ya APR FC yatandukanye n’umutoza Darko Novic iri mu biganiro byo gusinyisha Umunya-Portugal Miguel Cardoso uhabwa amahirwe menshi ugereranyije n’abandi batoza bari kuvugwa muri iyi kipe y’ingabo z’igihugu.

Amakuru ari kuvugwa ariko ataremezwa ahamya ko iyi kipe nta gihindutse izatangaza umutoza mushya mu cyumweru gitaha kuko ibiganiro bigeze kure.

Bivuze ko Nta gihindutse nko mu cyumweru umutoza mushya azatangazwa, gusa nta gihe kinini kirimo.

Biravugwa ko hagati y’Umunya-Portugal Miguel Cardoso n’Umunya-Tunisia Nabil Maâloul, umwe muri bo ari we uzagirwa umutoza mushya wa APR FC.

Miguel Cardoso uhabwa amahirwe yagiye atoza amakipe akomeye harimo Mamelodi Sundowns, Esperance de Tunis, FC Nantes n’izindi nyinshi.

APR FC izakina imikino ya CAF Champions League, iheruka gutandukana ku bwumvikane n’Umunya-Serbia Darko Novic wari umaze amezi 11 ayitoza ,wagiye habura imikino itatu ngo shampiyona irangire.

Uretse Abatoza ikipe ya APR FC iri no gushaka abakinnyi bakomeye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *