Senderi yasubukuriye ibitaramo i Nyagatare ahakorera amateka – Amafoto

Umuhanzi Eric Senderi wari wasubitse ibitaramo yakoraga bizenguruka igihugu ari kwizihiza imyaka 20 ishize ari mu muziki, yongeye kubisubukura ahera mu karere ka Nyagatare aho yaje gutungurwa n’umubare w’abantu benshi baje gutaramana nawe. Iki gitaramo cya Senderi Hit yaraye agikoreye mu karere ka Nyagatare mu gace kazwi nka Rukomo. Uretse abayobozi bo muri ako karere…

Read More

Dj Bissosso yasobanuye icyatumye ava kuri RBA

Hassan Sakubu wamamaye nka Dj Bissosso yavuze ko impamvu atakigaragara kuri Televiziyo Rwanda ari uko yirukanywe. Dj Bissosso akaba umuhanga mu byo kuvangavanga imiziki, yari amaze igihe akora mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA). Uyu Mu-Dj wakunzwe cyane mu kiganiro ‘Friday Flight’ yakoranaga na Anita Pendo cyatambukaga kuri Televiziyo Rwanda , yavuze ko yirukanywe. Mu kiganiro…

Read More

Ibyishimo ni byose kuri Gafaranga n’umugore we basohokanye nyuma yo kuva Gereza

Umugore wa Bishop Gafaranga, Annette Murava wari warafungishije umugabo we nyuma akaza gufungurwa yerekanye amafoto yamusohokanye ibyishimo ari byose. Uyu mugore yabigaragaje mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, buherekejwe n’ifoto bari mu bwato we na Gafaranga. Yanditse ati “Imana iri muri iyi nkuru! Urakaza neza rukundo rwanjye Bishop Gafaranga!” Ku wa 10 Ukwakira…

Read More

Mbonyi yihaye intego zo gusohora indirimbo buri cyumweru

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, atangaza ko yiyemeje gusohora indirimbo nshya buri cyumweru kugeza mu kwezi k’Ukuboza, zose ziri kuri albumu ye nshya yise ‘Hobe’. Yabitangaje nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya yise ‘Sitamuacha’, aho ngo yihaye intego yo guha abakunzi be indirimbo nyinshi mu zigize iyo albumu, kugeza igihe azakorera…

Read More

Miss Mutesi Jolly yatunguranye yerekana imodoka yaguze arenga miliyoni 300Frw

Miss Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016, yaguze imodoka iri mu zihenze zikorwa n’uruganda rwa Mercedes-Benz bikomeza kwerekana ko uyu mukobwa atunze cyane nyuma yo kwerekana inzu yujuje y’igifaru. Uyu mukobwa yabitangaje yifashishije konti ye ya Instagram, aho yeretse abantu iyi modoka ari kuyikoraho amashashi. Yaguze imodoka iri mu bwoko bwa Mercedes-Benz G-Class (izwi nka…

Read More

Bien-Aimé yavuze ibyiza byo kuba afashwa n’umugore we mu muziki – Atanga inama kuri bamwe

Bien-Aimé Baraza wamenyekanye mu itsinda rya Sauti Sol uri kubarizwa mu Rwanda kuri ubu, yagarutse ku mubano n’umugore we ‘Chiki Kuruka’ avuga ko ari abantu babiri batandukanye bitewe naho bari, agira n’inama bamwe mu bahanzi batajya baha amahirwe abakunzi babo. Uyu muhanzi ibi yabigarutseho mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru ubwo bavugaga ku gitaramo cya ‘Friends of…

Read More