Kapiteni wa APR FC yiseguye ku bafana

Ikipe ya APR FC yakoze imyitozo yitegura umukino ifitanye na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Ugushyingo 2025. Ni imyitozo yakorewe Ishyorongi aho APR FC isanzwe ikorera ndetse itangazamakuru abafana bari bemerewe kuza kureba iyi myitozo, hagira bamwe bagira ibyo batangaza. Umwe mu bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru harimo na Niyomugabo Claude, Kapiteni wa APR…

Read More

Amatike y’umukino wa APR FC na Rayon Sports yageze hanze

Amatike y’umukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona uzahuza APR FC na Rayon Sports yamaze kujya hanze aho ku mafaranga ibihumbi bibiri byonyine, abakunzi ba ruhago bakwirebera umukino utegerezwa kurusha iyindi muri Shampiyona. Uyu mukino uzwi nka Derby y’Imisozi Igihumbi, uteganyijwe kuzaba ku wa Gatandatu tariki 8 Ugushyingo, saa Cyenda z’amanywa kuri Stade Amahoro, aho ikipe…

Read More

Ibyishimo ni byose kuri Dauda Yussif na Sy Mamadou bari barafatiwe ibihano

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b’iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite bagaragarije mu Misiri, ryarangiye, hagafatwa icyemezo ko bagaruka mu mwiherero nyuma yuko bemeye amakosa bakoze bakanayasabira imbabazi. Iki cyemezo gikubiye mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bwa APR FC, bwavuze ko “Komite ishinzwe imyitwarire y’ikipe yateranye, ikiga ku…

Read More

Abakinnyi bo mu Rwanda bakabije inzozi zo kugera mu matsinda

Abakinnyi babiri b’abanyarwanda, Mugisha Bonheur Casemiro na Buregeya Prince bakabije inzozi bahoraga barota zo kugera mu matsinda y’imikino Nyafurika. Buregeya Prince wakuriye mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC akaza kuzamurwa mu ikipe nkuru 2017 baje gutandukana 2024 agiye muri AS Kigali yakinnyemo umwaka umwe ahita yerekeza muri Kenya muri Nairobi United yaje kubona itike…

Read More

Muri APR FC byahinduye isura!! Abakinnyi bafatirwa imyanzuro ikakaye

Ikipe ya APR FC yagaragaye isa nkaho ari nshya nyuma y’igihe imyitwarire y’abakinnyi itavugwaho rumwe. hasohotse amafoto y’abakinnyi ba APR FC bari bafite umusatsi ndetse bamwe bafite ‘Dreadlocks’ biyogoshesheje basigaho umusatsi mucye. Mu bakinnyi batunguranye cyane harimo Niyigena Clement, Memel Raouf Dao ndetse na William Mel Togui. Aba n’abandi bakinnyi bari bamaze igihe bafite imisatsi…

Read More

Ibiteye amatsiko kuri Stade ya Arsenal igiye kuvugururwa

Ikipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza yatangiye gutekereza uko yakwagura stade yayo ‘Emirates Stadium’ ikongererwa umubare w’abafana yakira bakarenga ibihumbi 60. Amakuru avuga ko ibi biganiro biri mu ntangiriro, ndetse mu gihe umwanzuro wafatwa yazajya yakirira imikino yayo kuri Stade y’Igihugu ‘Wembley’ mu gihe ibikorwa byo kuvugurura bizaba biri gukorwa. Ntabwo ari ubwa mbere…

Read More

Amavubi yahamagaye abakinnyi habonekamo isura nshya yo kwitega

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Adel Amrouche yahamagaye abakinnyi bagiye kwitegura imikino ibiri ya Benin na Afurika y’Epfo mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026. Ni urutonde rw’agateganyo rwashyizwe hanze kuri uyu mugoroba aho rwiganjemo abakinnyi bakinnye imikino ibiri iheruka ya Nigeria na Zimbabwe mu gihe harimo umukinnyi umwe mushya ariwe Joy-Lance Mickels ukinira Sabah…

Read More