Rayon Sports yahagaritse umutoza igihe kitazwi

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yahagaritse umutoza wayo Afahmia Lotfi n’umwungiriza we, nyuma yo kumwangira gukoresha imyitozo kuri uyu ya Mbere yageze ku kibuga.

Ibi iyi kipe yabitangarije mu itangazo yashyize hanze ku mugoboroba wo kuri uyu wa Mbere, aho yavuze ko uyu Munya-Tunisia ndetse n’umwungiriza we Azouzi Lotfi bahagaritswe.

Yagize iti” Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports bwafashe icyemezo cyo guhagarika mu nshingano Umutoza mukuruAfhamia Lotfi n’Umutoza wungirije wa kabiri Azzouz Lotfi.”

Muri iri tangazo Rayon yakomeje ivuga ko ikipe izakomeza kuba iri gutozwa na Harna Ferouzi wari umutoza wa mbere wungirije.

Iti” Umutoza wungirije Haruna Ferouz n’abandi bakorana barakomeza inshingano zo gutegura imikino iri imbere.”

Afahmia Lotfi ahagaritswe amaze gutoza Rayon Sports imikino itanu y’amarushanwa irimo ibiri ya CAF Confederation yatsinzwe na Singida Black Stars akanasezererwa ndetse n’itatu ya shampiyona yatsinzemo umwe, agatsindwa undi, akanganya undi.

One thought on “Rayon Sports yahagaritse umutoza igihe kitazwi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *