Umuherwe Elon Musk utunze za miliyari z’amadolari yavuze ko yicuza bimwe mu byo yatangaje kuri Perezida w’Amerika Donald Trump igihe bari bari mu ntambara yo guterana amagambo ku mbuga nkoranyambaga.
Musk yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwe X ati: “Byararengereye cyane.”
Bombi barashyamiranye ku mugaragaro, nyuma yuko uwo muherwe nyiri kompanyi ya Tesla avuye mu kazi ke ko mu biro bya perezida w’Amerika ndetse akavuga ko umushinga w’itegeko ry’imisoro wa Trump ari “ishyano riteye ishozi”.
Musk atangaje ibi nyuma yuko Trump, mu kiganiro n’ikinyamakuru the New York Post kuri uyu wa gatatu, avuze ko yiteguye ko hashobora kubaho ubwiyunge. Perezida yavuze ko yumvise atengushywe gacye kubera uko gushwana kwabo ariko avuga ko “nta byiyumvo bibi [nta nzika]” amufitiye.
Avuga ku rukurikirane rw’ubutumwa bukakaye cyane Musk yamutangajeho ku mbuga nkoranyambaga, Trump yagize ati: “Ndatekereza ko yumva ababajwe cyane no kuba yarabivuze.”
Bigaragara nkaho Musk yasibye ubutumwa bwinshi mu mpera y’icyumweru gishize, burimo n’ubwasabaga ko Trump yeguzwa.
Musk ni we wateye inkunga ya mbere nyinshi cyane – miliyoni hafi 250 z’amadolari – ibikorwa byo kwiyamamaza bya Trump mu matora ya perezida yo mu 2024 ndetse yafatwaga nk’umuntu wa hafi cyane ya Perezida.

