Ibyo Ykee Benda yatangaje ku bamushinje iyica rubozo

Ykee Benda, yatangaje ku mugaragaro ko adafite aho ahuriye n’amagambo amaze iminsi amuvugwaho ku mbuga nkoranyambaga, amushinja gushyigikira iyicarubozo n’ihohoterwa rikorerwa abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwo ku rubuga rwa X, Wycliffe Tugume uzwi cyane ku izina rya Ykee Benda yagaragaje impungenge n’agahinda yatewe no kubona hari ibitangazamakuru by’umwihariko ibikorera kuri murandasi byatangaje ibyo atigeze avuga, anibaza impamvu abantu bashobora kwandika inkuru batabanje gutohoza inkomoko yazo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *