APR FC itangiye neza itsinda muri CECAFA Kagame Cup

Umukino urarangiye. APR FC itangiye imikino ya CECAFA itsinda Bumamuru yo mu Burundi. Ibitego bya Djibril Ouatarra na William Togui, ni byo byabaye itandukaniro ku mukino wa none.

Ikipe ya APR FC yafunguye izamu hakiri kare kuko ku monota wa 8 umukinnyi Djibril Ouatarra yatsinze igitego ku mupira yahawe na Bugingo Hakim.

APR FC yakomeje kwataka cyane aho yaje no gutsinda igitego bakacyanga umusifuzi avuga habayeho kurarira. Harimo na Penaliti itatanzwe ku ikosa ryakorewe Togui William.

Igice cya mbere cyaje kurangira ari igitego kimwe.

Ku munota wa 74 w’umukino umukinnyi William Togui yatsinze igitego cya kabiri cya APR FC.

Abakinnyi ba APR FC babanje mu Kibuga: Ruhamyankiko Ivan, Byiringiro Gilbert, Niyigena Clement, Nshimiyimana Yunusu, Bugingo Hakim, Dauda Seidu, Rubonela Bosco, Memel Dao, Hakim Kiwanuka, Togui William na Djibril Ouatarra.

Abakinnyi babanjemo ku ruhande rwa BUMAMURU: 23. Ndayishimiye Azadie, 12. Mbatu Lufu Karibu Alain, 4. Nagijimana Fabrice, 30. Ngabonziza Blancard, 22. MUHAMED Abdoul Herve , 8 Ngoi Ngosso Michel, 15 Trésor Ngabireyimana, 14 Basa Loku Christian, 7 Nkurunziza Alfred, 28 Ndayikengurukiye Christophe na 20. SWALEHE Alfred Benoni.

Abakinnyi babanjemo muri APR FC
Ikipe yahagarariye u Burundi yatakaje ku mukino wa mbere
Outtara watsinze igitego cya mbere
Togui yatsindiye APR FC igitego cya kabiri
Ruboneka niwe wabaye Capiteni

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *