Umutoza Oliveira Goncalves do Carmo bakunze kwita Robertinho,yatangajwe nk’umutoza
mushya mu ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya kuri uyu wa gatandatu taliki ya 10/10/2020
nyuma yo gutandukana na Rayon sports ya hano mu Rwanda ku bwumvikane.
Robertinho yavuze ko yabonye inshuro nyinshi Gor Mahia ikina ndetse na we akaba
yarahuye nayo mu matsinda ya Caf Confederation Cup muri 2018. Yavuze ko yishimiye kuba
yahawe amahirwe yo kuyitoza ndetse ngo azanywe n’intsinzi.
Tariki 19 Kanama 2018 nibwo Rayon Sports yatsinze Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1
mu mukino wa gatanu w’amatsinda ya CAF Confederation Cup wabereye 2018 kuri Moi
International Sports Center nanone bita Kasarani Stadium i Nairobi .Icyo gihe yatozwaga na
Robertinho.
Gor Mahia yari yarifuje Robertinho kuva muri 2018 ubwo yari atarongera amasezerano muri
Rayon Sports. Yagombaga kujyayo gusimbura uwari umutoza wayo Dylan Kerr wari umaze
iminsi asezeye (mu kwezi k’Ugushyingo 2018).
Icyo gihe ubwo yabazwaga ibyerekeye ko Gor Mahia yaba imushaka, yagize ati ” Yego
baramvugishije ndetse n’abayobozi ba Rayon Sports barabizi ndetse na Perezida Muvunyi
ubwe. Hashize ukwezi kurengaho gato bamvugishije. Ejobundi hashize, Perezida wa Gor
Mahia yarampamagaye abinsaba ku mugaragaro.
Kontaro yanjye izarangira mu kwezi kw’Ukuboza 2018. Ndacyavugana n’ikipe ya Rayon
Sports kuko niyo kipe yamfunguriye amarembo.

Ndayubaha cyane, abafana bayo, abayobozi
bayo, bose bamaze kuba nk’umuryango wanjye. Biba binsaba gutekereza nk’umunyamwuga.
Nyuma yo gukina na USM Alger na Gor Mahia nagiye mbona abansaba kubabera umutoza.
Nakomeje kubivuga ko kontaro yanjye izarangira mu kwezi k’Ukuboza.”
Tariki 21 Kanama 2019 nibwo uyu mutoza yuriye indege asubira iwabo muri Brazil nyuma
yo kutongererwa amasezerano muri Rayon Sports.
Robertinho yari yagarutse muri Rayon Sports nyuma y’uko umutoza w’umunya-Cameroun
Mathurin Olivier Ovambe wari wakoze igeragezwa muri CECAFA Kagame Cup 2019
atashimwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe.
Robertinho yari yabashije kunganyiriza i Kigali na Al Hilal 1-1 mu mukino w’ijonjora
ry’ibanze rya Total CAF Champions Leaugue. Umukino wo kwishyura wakiniwe Sudani
tariki 25 Kanama 2019 watojwe na Kayiranga Baptiste afatanyije na Kirasa Alain wari
umutoza wungirije muri iyi kipe.
Robertinho yavuye muri Rayon Sports abashije kuyigeza muri 1/4 cya CAF Confederation
Cup, kuyihesha igikombe cy’Agaciro ndetse no kuyihesha igikombe cya Shampiyona cya
2018/2019.
Muri Gor Mahia azaba atoza Jules Ulimwengu yanatoje muri Rayon Sports ubwo iyi kipe
yegukanaga igikombe cya Shampiyona cya 2018/2019. Muri Nzeri uyu mwaka nibwo
umunyamabanga wa Gor Mahia, Sam Ochola, yemeje ko bamaze kumvikana n’uyu
rutahizamu ukomoka mu Burundi

