Impinduka z’amasaha mu bikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko utubari, resitora, utubyiniro, amaduka n’ibigo by’ubucuruzi binyuranye byashyiriweho amasaha mashya yo gukora aho bizajya bifunga Saa Kumi za mu gitondo muri ibi bihe i Kigali hazaba habera Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Ni ibikubiye mu amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu mu gihe cy’Irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wo gusiganwa ku magare rya 2025 rizabera mu Rwanda (UCI Road World Championships), yasohowe na RDB kuri iyi wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025.

RDB yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira abakinnyi, abafana n’abashyitsi baturutse imihanda yose y’Isi mu Irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wo gusiganwa ku magare rya 2025.

Uru Rwego rw’Iterambere rwakomeje ruvuva ko amaduka, ibigo by’ubucuruzi bunyuranye, resitora, utubari n’utubyiniriro bizemererwa gukora kugeza saa kumi za mu gitondo.

Gusa amabwiriza asanzwe akurikizwa, arimo ayo kugabanya urusaku no kudatanga cyangwa kutanywa inzoga ku bantu bari munsi y’imyaka 18, agomba kubahirizwa, ko kandi abakiriya bose bakwiye kunywa mu rugero kandi bakareka gutwara ibinyabiziga basinze.

Ibikorwa by’imyidagaduro bizajya bifunga saa kumi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *