Aliou Diarra, Umunya-Mali wakiniraga ikipe ya APR Basketball Club yo mu Rwanda,yatoranyijwe ku mwanya wa mbere n’ikipe ya Texas Legends ngo azayikinire muri shampiyona ya Basketball izwi nka NBA G League muri Amerika.
Ku mwanya wa gatanu muri uko gutoranya abakinnyi, ikipe ya Memphis Hustle yatoranyije Umunya-Senegal Jean Jacques Boissy wari uherutse gutangira gukinira ikipe ya REG Basketball Club yo mu Rwanda, waciye kandi no mu ikipe ya Urunani mu Burundi.
Aba babiri batoranyijwe muri ‘NBA G League International Draft’ yaraye ibaye, mu bakinnyi 17 gusa bo mu mahanga bagiye kwinjira muri NBA G League – irushanwa rifatwa nk’irikurikiraho nyuma y’iryamamaye ku isi rya NBA.
Muri abo 17, undi munyafurika watoranyijwe ni Emmanuel Beya wo muri DR Congo ufite ubwenegihugu bw’Ubusuwisi ari naho yari amaze igihe akinira. Uyu yatoranyijwe n’ikipe ya Rip City Remix nyuma y’uko abuze ikipe imutoranya muri ‘NBA Draft’ yabaye mu kwezi gushize.

