Abderrahim Taleb wagizwe umutoza mushya mu ikipe ya APR FC amaze imyaka 18 atoza ruhago kuva muri 2008, aho amaze gutoza amakipe 13 yose yo muri Maroc arimo Wydad Club Athletic, AS FAR na RS Berkane.
APR FC yatangaje aya makuru ibinyujije ku mbugankoranyambaga zayo aho yavuze ko we na bungiriza be ibafitiye ikizere mu myaka ibiri ishobora kongerwa basinye.
Yagize iti” Tunejejwe no Kwakira Bwana Taleb Abderrahim nk’umutoza mukuru n’abungiriza be Chahid Mohamed na Haj Taieb Hassan mu ikipe yacu mu gihe cy’imyaka ibiri ishobora kongerwa.Tumufitiye ikizere kandi twizeye ko azageza ikipe yacu ahisumbuye kurushaho.”
Abderrahim Taleb yavutse tariki ya 10 Nzeri mu 1963 avukira Casablanca muri Morocco. Uyu mugabo yabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru gusa muri 2007 atangira ibijyanye no kuba umutoza ahereye mu ikipe ya Moghreb Tetouan.
Nyuma yatoje andi makipe12 arimo Waydad Casablanca, RSB Berkane na Far Rabat. Kuri ubu aje muri APR FC avuye gutoza Difaa Hassani El Jadidi isanzwe ikina shampiyona y’icyiciro cya kabari muro Morocco.


