Rwabuze gica mu Nguge zo muri Uganda ziri mu ‘ntambara ikaze hagati yazo’

Itsinda rya mbere rinini cyane ku isi rizwi ry’inguge zo mu gasozi, ryacitsemo ibice ndetse rimaze imyaka umunani riri mu “ntambara ikaze hagati yazo”, nkuko abashakashatsi babivuga.

Ntibisobanutse neza impamvu uyu muryango w’inguge wa Ngogo wahoze ubana neza muri Parike y’Igihugu ya Uganda yitwa ‘Kibale National Park’ ubu rwabuze gica hagati yazo, ariko guhera mu mwaka wa 2018 abahanga muri siyansi bavuga ko babaruye inguge 24 zishwe, zirimo n’impinja 17.

Aaron Sandel, wayoboye ubwo bushakashatsi, yagize ati: “Izi zari inguge zafatanaga mu biganza.” “None ubu zirimo kugerageza kwicana.”

Ubwo bushakashatsi, bwatangajwe mu kinyamakuru cy’ubushakashatsi buba bwabanje kugenzurwa n’abandi bahanga bo muri urwo rwego cyitwa Science, buvuga ko ubukana bw’ubwo rugomo n’igihe rumaze bishobora gutanga amakuru ku kuntu intambara mu bantu babayeho mbere yadutse.

Sandel, inzobere mu mateka y’imibereho ya muntu n’uko yagiye ahindagurika (anthropology) wigisha kuri Kaminuza ya Texas muri Amerika, umwe mu bayoboye uwo mushinga w’ubushakashatsi ku muryango wa Ngogo, avuga ko inguge “zirinda ubutaka bwazo cyane”, ndetse ko “zigirana amakimbirane n’izo mu yandi matsinda”.

Yabwiye ikiganiro ‘Science podcast’ ati: “[Ni] Nk’ubwoba bw’abo zitazi.”

Ariko mu myaka ibarirwa muri za mirongo ishize, Sandel yavuze ko inguge hafi 200 zo mu muryango wa Ngogo zabanaga neza.

Zari zigabanyije mu matsinda abiri – abo bashakashatsi bazi nk’itsinda ry’Uburengerazuba n’iryo Hagati – ariko muri rusange zabagaho nk’itsinda ryunze ubumwe.

Sandel yavuze ko muri Kamena (6) mu mwaka wa 2015, ari bwo bwa mbere yabonye ubushyamirane bukomeye, ubwo inguge z’Uburengerazuba zahungaga zikirukankanwa n’itsinda ryo Hagati.

Nyuma y’ivuka ry’ayo matsinda abiri atandukanye mu mwaka wa 2018, inguge zo mu itsinda ry’Uburengerazuba zatangiye gutera inguge zo mu itsinda ryo Hagati.

Mu bitero 24 byabayeho kuva habaye uko gucikamo ibice, inguge nkuru z’ingabo nibura zirindwi n’impinja 17 zo mu itsinda ryo Hagati zarishwe, nkuko ubwo bushakashatsi bwabitahuye, nubwo abashakashatsi bemera ko umubare nyawo w’impfu ari munini cyane kurushaho.

One thought on “Rwabuze gica mu Nguge zo muri Uganda ziri mu ‘ntambara ikaze hagati yazo’

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *