Abagore n’abakobwa bakoreye ibirori umuhanzi Ishimwe Vestine uririmba mu itsinda rya Vestine na Dorcas ari gusezera ku bukumi.
Ibi birori bizwi ku izina rya Bridal shower byabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 22 Kamena 2025. Byitabiriwe n’abagore n’abakobwa b’inshuti ze za hafi.
Uyu mukobwa yakoze ibi birori mu gihe azarushinga n’Umunya-Burkina Faso, Idrissa Ouédraogo ku wa 05 Nyakanga 2025. Kuri ubu, yanamaze kongera izina ry’umugabo mu yo akoresha ku mbuga nkoranyambaga aho asigaye yiyita Vestine Ouédraogo.
Ku wa 15 Mutarama 2025, ni bwo mu buryo bwatunguye benshi Vestine yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Ouédraogo, mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Vestine yakorewe ibirori bisezera ubukumi

Vestine yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Ouédraogo

