Umusizi akaba n’umukinnyi wa filime uri mu bagezweho mu Rwanda, Mutoni Saranda Oliva, ari mu gahinda gakomeye ko gupfusha umubyeyi we (mama we) witabye Imana azize uburwayi.
Mutoni Saranda Oliva wamamaye nka Saranda Poetess yabuze umubyeyi we mu gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 6 Ugushyingo 2025.
Amakuru avuga ko yari amaze igihe arwariye mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe akaba ari n’aho yaguye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane.



https://shorturl.fm/WCogt