Ubutaliyani bwabuze itike, Iraq ijya mu gikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 40

Ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani yatsinzwe na Bosnia and Herzegovina mu mukino wa nyuma wa kamarampaka, ibura itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Umutoza wayo Gennaro Gattuso ashyira amakosa ku mubare munini w’amakipe yo muri Afurika azitabira.

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 31 Werurwe 2026, ni bwo hakinwe imikino ya nyuma ku makipe yari asigaye kugira ngo abone itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2026.

U Butaliyani bwakinnye na Bosnia and Herzegovina mu mukino bwahabwagamo amahirwe, ariko ku munota wa 41 bubona ikarita itukura yatumye imibare ihinduka.

Igitego Moise Kean yari yatsindiye u Butaliyani ku munota wa 15, cyishyuwe na Haris Tabakovic ku munota wa 79, umukino urangira nta kindi gitego kibonetse hajyaho umwanya wo gutera penaliti.

U Butaliyani bwananiwe kuzitwaramo neza, butakaza itike kuri penaliti 4-1, Bosnia and Herzegovina ihita yisanga mu Itsinda B isangiye na Canada, Qatar n’u Busuwisi.

Nyuma yo gutakaza itike y’Igikombe cy’Isi ku Butaliyani, Gennaro Gattuso, yagaragaje ko Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), ritabaniye ibindi bihugu rigenera Afurika imyanya 10 muri iri rushanwa.

Afurika yujuje ibihugu 10 mu Gikombe cy’Isi cya 2026 nyuma y’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) itsinze Jamaica igitego 1-0, yiyongera kuri Afurika y’Epfo, Maroc, Côte d’Ivoire, Tunisia, Misiri, Cap-Vert, Senegal, Algeria, na Ghana.

Mu mikino yindi yabaye yo guhatanira iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga, Iraq yatsinze Bolivia ibitego 2-1 yongera kubona itike nyuma y’imyaka 40.

Bosnia and Herzegovina yatsinze Ubutaliyani mu mukino wa nyuma
Iraq yatsinze Bolivia ibitego 2-1 yongera kubona itike nyuma y’imyaka 40

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *