RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda yabonye itike ya 1/4 muri BAL

RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL yatsinze Johannesburg Giants amanota 102-89, uba umukino 3 wikurikiranya itsinze.

Nyuma yo gutsinda Al Ahly Benghazi yo muri Libya na Petro de Luanda yo muri Angola, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Mata 2026 yakurikijeho Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo.

Ni imikino yo mu Itsinda rya Kalahari Conference irimo kubera Pretoria muri Afurika y’Epfo aho barimo gushaka itike y’imikino ya nyuma izabera mu Rwanda muri Gicurasi 2026.

Gutsinda uyu mukino byari bivuze ko ikomeje kuyobora itsinda aho yatsinze imikino yayo itatu.

RSSB Tigers BBC yamaze kubona itike ya 1/4 kizabera mu Rwanda muri BK Arena muri Gicurasi 2026, izagaruka mu kibuga tariki ya 4 Mata 2026 ikina na Dar City.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *