Teta Sandra yahishuye impamvu atajya atandukana burundu na Weasel

‎Teta Sandra yatangaje ko nubwo rimwe na rimwe ajya agirana ibibazo n’umugabo we Weasel Manizo, ariko urukundo no kumvikana nibyo bituma babasha kubitambukamo bakaba bakiri kumwe.

‎Ibi yabitangaje mu ijoro ryakeye ubwo bari mu birori yizihizagamo isabukuru y’imyaka 34 y’amavuko aherutse kuzuza.

‎Yokomeje avuga ko kugeza ubu nta gahunda afite yo kubyarana abandi bana na Weasel mu gihe cya vuba.

‎Yagize ati “Ndacyari muto mfite imyaka 34. Ku by’ubukwe, ndacyategereje umugabo wange. Igihe cyose hari urukundo no kumvikana, murakomeza mugatwaza. Ariko ku bana, ntabwo ntekereza ko nzongera kubyara vuba.”

‎Kugeza ubu Weasel na Teta Sandra bafitanye abana babiri, umuhungu n’umukobwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *