Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Sir Keir Starmer na Donald Trump bavuganye bwa mbere kuva uwo Perezida w’Amerika anenze n’umujinya igisubizo cy’Ubwongereza kuri Iran.
Ibiro bya Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza – byitwa No 10 – byatangaje amakuru macye kuri icyo kiganiro cyo kuri telefone, bivuga ko abategetsi bombi baganiriye ku kuntu ibintu bimeze mu burasirazuba bwo hagati, no ku bufatanye hagati y’Ubwongereza n’Amerika.
Ku wa gatandatu, Perezida Trump yavuze ko Ubwongereza bwari burimo butekereza ku kohereza mu burasirazuba bwo hagati amato atwara indege z’intambara ariko arabipfobya, yandika ku mbuga nkoranyambaga ati:
“Ntiducyeneye abantu baza mu Ntambara twamaze kuzitsinda!” – nuko yita Ubwongereza “uwahoze ari inshuti ikomeye cyane yacu.”
Mbere, Sir Keir yavuze ko Ubwongereza butazajya mu bikorwa byo kugaba ibitero, ariko yemera ko Amerika ikoresha ibigo bya gisirikare by’Ubwongereza mu bitero byo kwirwanaho ku bigo bya misile bya Iran.
Trump yakomeje kugaragaza ko ababajwe na Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza nyuma yuko yanze ubusabe bw’Amerika bwo gukoresha ibigo bya gisirikare by’Ubwongereza mu bitero bibanza kuri Iran.
Mu cyumweru gishize, Trump yavuze ko atishimiye Ubwongereza, yongeraho ko Sir Keir “si Winston Churchill [wari Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza mu ntambara ya kabiri y’isi]”.

