Dj Toxxyk yasabye igihe asanga ari gushinjwa ibyaha bine harimo n’ubwicanyi

Shema Arnaud de Bosscher wamenyekanye nka DJ Toxxyk akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha ibyaha bine birimo ubwicanyi buturutse ku bushake, gukora ibikorwa byerekeye ibiyobyabwenge. Akurikiranyweho kandi icyaha cyo guhunga umaze gukora cyangwa guteza impanuka no kwanga gusuzumishwa icyuma gipima alcohol.

Ibyaha akurikiranyweho byamenyekanye kuri uyu wa 7 Mutarama 2026 ubwo yitabaga Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

DJ Toxxyk agihamagarwa n’umucamanza, nyuma yo gutanga imyirondoro ye mu buryo bwuzuye, yahise avuga ko atiteguye kuburana kuko atari azi ko aburana kuri iyo tariki.

Yasabye ko yasubikirwa iburanisha akongererwa igihe cyo gutegura neza urubanza.

Yunganiwe n’abanyamategeko be babiri, Me Uwamahoro Marie Josée na Me Utazirubanda Gad na bo basabye ko bahabwa umwanya uhagije.

Me Utazirubanda yabwiye Urukiko ko ikirego cy’Ubushinjacyaha cyatanzwe ku wa 5 Mutarama kikanakirwa, abanyamategeko bakihuza nacyo ku wa 6 Mutarama, urubanza rukaba rwashyizwe kuri uyu wa 7 Mutarama kandi batarabonye uko baganira n’uwo bunganira.

Yasabye ko rwasubikwa kugira ngo baganire n’uwo bunganira, bamumenyeshe ibyaha bamukurikiranyeho, bamugire inama z’uko yakwitwara mu rubanza ndetse banategure neza umwanzuro wo kwiregura ku byo Ubushinjacyaha bumurega.

Me Uwamahoro na we yunze muri ibyo, agaragaza ko bahabwa igihe ariko kiri mu biteganywa n’itegeko.

Ubushinjacyaha buhamwe ijambo, ubuhagarariye yemeranyije n’ibyasabwe n’uruhande rw’uregwa ariko asaba Urukiko ko byakandikwa ko itariki igenwa nta yindi mpamvu ikwiye kuzabuza iburanisha kubaho.

Nyuma y’izo mpaka, Inteko y’Umucamanza umwe n’umwanditsi, yahise isubika urubanza rukazasubukurwa ku wa 14 Mutarama 2026.

Isooko: Igihe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *