Umujura wibye indirimbo za Beyoncé zitarasohoka yakatiwe
Umugabo winjiye ku ngufu mu modoka akiba ibikoresho by’ikoranabuhanga (hard drives) byari bibitseho indirimbo za Beyoncé zitarasohoka, yakatiwe gufungwa imyaka ibiri. Kelvin Evans, w’imyaka 41, yemeye icyaha ku birego birimo kwinjira mu modoka no kwinjira ahabujijwe mu mwaka ushize mu mujyi wa Atlanta, umurwa mukuru wa leta ya Georgia, muri Amerika. Umucamanza yamukatiye kandi indi…
Hamenyekanye umukinnyi wa filime watumye Macron akubitwa urushyi
Hashize umwaka habonetse amashusho yatangaje benshi ubwo Brigitte Macron yajwiburaga umugabo we barimo gusohoka mu ndege mu ruzinduko i Hanoï muri Vietnam. Ubu umunyamakuru Florian Tardif w’ikinyamakuru Paris Match yatangaje mu gitabo yasohoye uyu munsi kitwa «Un couple (presque) parfait» ko Brigitte yari arakajwe n’umugabo we. Uyu munyamakuru avuga ko Perezida Macron w’imyaka 48 yari…
Filime “My Father’s Shadow” yegukanye ibihembo bitatu
Filime ‘My Father’s Shadow’ ikorerwa muri Afurika ni imwe mu zikomeje kwigarurira isi yose. Mu ijoro ryaraye ritambutse, yegukana ibihembo bitatu muri Africa Magic Viewers’ Choice Awards (AMVCA) muri Nigeria harimo ibya filime nziza (Best Movie), icy’uwayoboye filme neza (Best Director) na filime yanditse neza (Best Writing). Yayobowe na Akinola Davies Jr, maze itsinda izindi…
Icyamamare muri sinema ya Afurika yambaye Ikanzu yo mu gishushanyo cya Cathedral yo mu Budage
Nana Akua Addo wo muri Ghana yongeye kwerekana uburyo akunda imyambarire idasanzwe muri AMVCA, yambaye ikanzu y’ifeza yubakiye ku gishushanyo cya Katedrali y’i Cologne mu Budage. Iyo kanzu yari ifite imiterere ikomeye cyane, harimo ibice bishushanyije nk’amadirishya ya kiliziya, imitako imeze nk’inyubako y’urusengero ndetse n’imiringa y’ifeza bihuje na yo, mu gihe bamwe mu bo bari…
Ikanzu ikozwe mu migati 500 yatangaje benshi mu gutanga ibihembo
Bivugwa ko ari ijoro rikomeye kurusha andi yose muri Afurika mu bijyanye na sinema n’imideli. Ibyamamare, abakora filime n’abahanzi bitabiriye ku nshuro ya 12 ibihembo bya Africa Magic Viewers’ Choice Awards (AMVCA) muri Nigeria, baza bambaye imyambaro itangaje cyane, ifite imitako minini, ibitambaro birabagirana, ibintu byongeye guhindura ibi birori bikava ku kuba ibyo gutanga ibihembo…
Uko Madederi yatangiye aterura ikarayi y’ubuyede aba umushoramari w’icyamamare
Clenia Dusenge wamenyekanye ku izina rya ‘Madederi’ muri filime ya Papa Sava avuga ko kugirango agere ku iterambere afite uyu munsi yabihereye mu kazi ko gukora ikiyede ubwo yari akiri umwana muto wiga mu mashuri yisumbuye. Uretse kuba abantu bamubona ari gukina muri filime zitandukanye harimo niye bwite, kuri ubu Madederi akora ibindi bitandukanye harimo…
Kenny Sol yananiwe gusoza ishuri bimubera ikiraro mu muziki
Umuhanzi Kenny Sol yahishuye uko yigeze kwirukanwa ku ishuri, bigatuma atangira gushyira imbaraga mu muziki no gukoreramo amafaranga akiri umwana muto. Mu kiganiro ‘Igihe Sports’, yavuze ko ubwo yiteguraga gukora ikizamini gisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, yaje gukora amakosa baramwirukana bituma ajya kwicara mu rugo igihe kirekire. Muri icyo gihe yamaze yicaye mu rugo, nibwo…
U Rwanda rwaje ku mwanya wa 139 ku Isi mu bwisanzure bw’itangazamakuru
Raporo nshya ya 2026 ku bwisanzure bw’itangazamakuru ku Isi (World Press Freedom Index), yasohowe n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders), igaragaza ko u Rwanda rwaje ku mwanya wa 139 mu bihugu 180 byasesenguwe. Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ruri inyuma ya bimwe mu bihugu bituranye na rwo. Uganda iri ku mwanya…
Inkuru y’umugabo wajyanye umurambo wa mushiki we kuri Banki
Byabaye ku wa mbere nimugoroba mu gace kari mu ntara ya Odisha mu burasirazuba bw’Ubuhinde aho abakozi ba banki batunguwe no kubona umugabo w’imyaka 52 yinjira muri Banki atwaye amagufa y’umuntu wapfuye ku rutugu. Jitu Munda yinjiye muri iyo Banki iri mu mujyi muto wa Malliposhi ashaka ko bamuha amarupiya 19,300 (hafi 300,000 Frw) ari…
Yannick Mukunzi yakoze mu nganzo aririmbira umugore we
Umukinnyi w’umupira w’amaguru Yannick Mukunzi wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda yatangaje ko hari indirimbo agiye gushyira hanze y’urukundo ariko byumwihariko yaririmbiye umugore we Iribagiza Joy. Uyu mukinnyi ubu ari kuba muri Sweden hamwe n’umugore we aho akina mu ikipe ya Helges IF. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagaragaje agace gato k’indirimbo ari gukora avuga…

